Nta Rukundo Ruruta Uru

By Tharcisse Seminega

Release : 2020-05-27

Genre : Biographies & Memoirs, Books

Kind : ebook

(0 ratings)
Amahano yagwiririye u Rwanda mu itumba ryo mu wa 1994, yahitanye abana barwo basaga 800.000 mu gihe cy'iminsi 100 gusa. Iyo jenoside ni yo yakozwe mu buryo bwihuse kurusha izindi zabayeho muri iki gihe, kandi yari iteye ubwoba cyane ukurikije ibintu byinshi abayikoze n'abayikorewe bari bahuriyeho. Urugero, abicanyi n'abicwaga bari abaturanyi, inshuti, barasenganaga, barakoranaga kandi bari barashakanye. Abicanyi bifashishije ibikoresho gakondo, urugero nk'imipanga, amasuka n'ubuhiri bukwikiyemo imisumari. Nanone, bari bafite urutonde rw'amazina y'abagombaga kwicwa.Ngibyo ibintu biteye ubwoba byari bitegereje Tharcisse wari profeseri w'umututsi i Butare muri Kaminuza y'u Rwanda. Bari bamukaniye urwo gupfa we n'umugore we n'abana batanu,  kandi nta ho bashoboraga kurusimbukira, iyo adatabarwa n'abahutu bamwe bagiye bashyira ubuzima bwabo mu kaga kugira ngo bakize umuryango we kwicwa n'imipanga.Igitabo NTA RUKUNDO RURUTA URU kitubwira inkuru nyayo y'ukuntu abantu basanzwe bagaragaje ubutwari n'urukundo bidasanzwe. Urukundo bagaragaje rugarurira ikizere abahungabanyijwe n'ayo mahano yagwiririye ikiremwamuntu.

Nta Rukundo Ruruta Uru

By Tharcisse Seminega

Release : 2020-05-27

Genre : Biographies & Memoirs, Books

Kind : ebook

(0 ratings)
Amahano yagwiririye u Rwanda mu itumba ryo mu wa 1994, yahitanye abana barwo basaga 800.000 mu gihe cy'iminsi 100 gusa. Iyo jenoside ni yo yakozwe mu buryo bwihuse kurusha izindi zabayeho muri iki gihe, kandi yari iteye ubwoba cyane ukurikije ibintu byinshi abayikoze n'abayikorewe bari bahuriyeho. Urugero, abicanyi n'abicwaga bari abaturanyi, inshuti, barasenganaga, barakoranaga kandi bari barashakanye. Abicanyi bifashishije ibikoresho gakondo, urugero nk'imipanga, amasuka n'ubuhiri bukwikiyemo imisumari. Nanone, bari bafite urutonde rw'amazina y'abagombaga kwicwa.Ngibyo ibintu biteye ubwoba byari bitegereje Tharcisse wari profeseri w'umututsi i Butare muri Kaminuza y'u Rwanda. Bari bamukaniye urwo gupfa we n'umugore we n'abana batanu,  kandi nta ho bashoboraga kurusimbukira, iyo adatabarwa n'abahutu bamwe bagiye bashyira ubuzima bwabo mu kaga kugira ngo bakize umuryango we kwicwa n'imipanga.Igitabo NTA RUKUNDO RURUTA URU kitubwira inkuru nyayo y'ukuntu abantu basanzwe bagaragaje ubutwari n'urukundo bidasanzwe. Urukundo bagaragaje rugarurira ikizere abahungabanyijwe n'ayo mahano yagwiririye ikiremwamuntu.

advertisement